Monday, March 24, 2014

Babayeho nabi nyuma yousenyerwa ni mvura yaguye umwaka ushize

Photo Izuba Rirashe
Amakuru dukesha ikinyamakuru Izuba Rirashe aravugako nyuma yo gusenyerwa ni mvura abaturage bo mu murenge wa Kacyiru  akagari  ka Kamuturwa umujyi wa Kigali  imibereho yabo yifashe nabi  kuko nyuma yaho bahuriye ni mvura ikaze ikabasenyera banze gusanirwa. imvura yasenyeye abaturage yaguye umwaka ushize kuwa 17 ukuboza 2013 igasenyera abaturage bagera ku miryango 17 bamwe muribo bakaba bakiba  munzu zangijwe nimvura aho imbeho ibamereye nabi.


Mukamuyango Esperance  we avugako atuye muri kano gace imyaka isaga 30,imvura yaguye yangije byinshi kuko yatwaye imyenda y’abana ni bindi bikoresho bitandukanye.akomeza avugako we nu muryango  babayeho nabi kuko iy'imvura yamusenyeye amazu ane bakodeshaga ya mufashaga mu mibereho ya burimunsi,yakomeje avugako  barara mu mazu yibirangarizwa, ko imbeho ibica kandiko aramutse arwaye atabona ubushobozi bwo kwivuza.

Kuruhande rwubuyozi banze gusana ayo mazu kuko  ahantu aherereye  hafite ingaruka  mbi kubuzima bwabo(risk zone) mu kiganiro ubuyobozi bwagiranye nizuba Rirashe  bwagize icyo buvuga kuri icyo kibazo.



“Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kacyiru avuga ko aba baturage bakimara gusenyerwa, bahise basobanurirwa uburyo bagomba gushaka ahandi bajya gutura kuko aho batuye ari mu manegeka, ari nayo mpamvu bababujije gusana.

Nsabimana yabwiye iki kinyamakuru kandi ko babwiye abantu bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’Ubudehe ko bashaka amazu bakabishyurira, abandi bagomba gushakirwa ibibanza ariko naho mu nkengero z’umujyi. Ibyo ariko ngo byarananiranye kubera ko ingengo y’imari yari itaraboneka.”

No comments:

Know more about Rwandan initiative through innovation (RINI)

Is a local non-governmental organization officially approved by RGB (Rwanda Governance Board) working since 2013 in the field of envir...