
Itangazamakuru ni uburyo cyangwa umuyoboro  ukugezaho amakuru yaho utuye cyangwa hirya no hino kw’isi twavuga amakuru y’ubuzima butandukanye,imibereho ,politike, imyidagaduro,siporo ...,Abantu benshi bamaze kumenya itangazamakuru icyaricyo kuko utumva radio areba television cyangwa asura imbuga zitandukanye  cyangwa anasoma ibinyamakuru byandika ;ibyo byose twarebye haruguru nibyo twakwita itangazamakuru.
Aho imbuga nkoranyambaga zadukiye ndeste na za website buriwese ubyutse usanga yigira umunyamakuru. nyamaze birigirwa, kugirango ube umunyamakuru bisaba nibura imyaka 2 wiga  kaminuza nabwo mw’ishami ryitangazamakuru,kuba wakwitwa umunyamakuru wumwuga  bisaba kurangiza imyaka 4 wiga itangazamakuru nitumanaho.ntibivuzeko utabawe utarabyigiye ariko nabwo bisaba amahugurwa.
Ntago wabyuka ngo uhite witwa umunyamakuru,kenshi na kenshi usanga nka hano mu Rwanda  benshi twarigize abanayamakuru kandi nta bushobozi tubifitiye ,ahantu usanga icyo nakwita ubuswa  bukabije ni abandika kuri website usanga kenshi abatandukira amahame yitangazamakuru reka twifashishe zimwe  mugingi zigize itangazamakuru( Code of ethics  governing journalists,other media  professionals and the Media  in Rwanda)
 Ingingo ya mbere1 :guharanira indangagaciro mpuzamahanga
Umunyamakuru  n’undi  munyamwuga  w’itangazamakuru  bagomba  guharanira  indangagaciri  mpuzamahanga  z’ubumuntu ,byumwihariko amahoro,ubworoherane,demokrasi  uburenganzira bwa muntu ,iterambere  rishingiye  ku mibereho myiza  y’abaturage ,ubusabane  hagati  y’abanyagihugu  mu guha agaciro buri muturage ,hubahirizwa  itangazo mpuzamahanga ku burenganzia wa muntu.
Ingingo ya2:ubunyangamugayo no guharanira ukuri
Umunyamakuru n’undi  munyamwuga  w’itangazamakuru  bagomba  kugendera kure ikinyoma.bagomba kureba  uko  ibintu  byagenze koko ,bashakisha  ukuri  kandi  bazirikana  ko abaturage bafite uburenganzira  bwo guhabwa  amakuru y’impamo.ntibagomba  kwiyibagiza  iby’ingenzi bigize  inkuru  yuzuye  cyangwa  ngo  bahindure  amagambo  yavuzwe ,n’inyandiko  izo arizo  zose.bagomba  kumenya  ko gusebanya  gutukana  no gushinja  ibinyoma  ari amakosa  akomeye  mu mwuga  w’itangazamakuru.
Ingingo ya 3:inshingano kuri rubanda
Umunyamakuru n’undi munyamwuga w’itangazamakuru   bagomba  kuzirikana  inshingano  yabo  kuri rubanda. Kubera iyo  mpamvu,bagomba  gutangaza  cyangwa  kwandika  amakuru  ari ukuri  kandi yuzuye  .igihe  harimo  ugushidikanya  uko  ari ko kose  bagomba  kwifata cyangwa  bakisegura ,bakurikije uburyo  buteganywa  n’umwuga  w’itangazamakuru.
Ingingo ya 4:kudashishikariza  abaturage  kwangana
Umaunyamakuru  n’undi  munyamwuga w’itangazamakuru birinda  gutangaza  cyangwa  kwandika   amakuru  abogamye  kandi  akangurira  abantu  kwangana  gushingiye  ku moko ,ku karere ,ku miryango ,ku idini ,gu gitsina ku myaka ,ku  mibereho , ku bumuga  n’indwara  z’ibyorezo ,cyangwa n’ibindi bishobora  gushingirwaho  mu  kuvangura  abantu.ibyo  bishobora gushingirwaho  mu kuvangura abantu.ibyo bishobora  kwemerwa  iyo kuvuga  iyi miterere  y’umuntu bifasha mu gushakisha  ukuri.bagomba  kwiorinda ivangura  iryo  ari ryo ryose.
Ingingo ya 5:gukosora  inkuru  n’uburenganzira  bwo gusubiza  no kubeshyuza
Amakuru  y’ibinyoma cyangwa  yibeshweho,yatangajwe   cyangwa  yanditswe agomba guhita  akosorwa .abantu  ku giti  cyabo  n’imiryango  cyangwa  ibigo  bafite  uburenganzira  bwo  gusubiza  ku  bibavugwaho  no  kubibeshyuza,hubahirijwe  amategeko.
Aha turareba izi ngingo eshanu tumaze kubona tuzigeho tunazisesengure,duhereye ku gingo ya mbere  hano mu Rwanda ubonako yubahirizwa,ingigo ya kabiri  ubunyangamugayo no guharanira ukuri,  aha ho ubonako bamwe mu banyamakuru tutayubahiriza. kuko  akenshi dutangaza ibyo tudadafitiye gihamya neza,gusa si twese ni bamwe na bamwe, na none hari abashinja nta bushakashatsi bwi mbitse bakoze  bikunze kugaragara cyane mu myidagaduro.
urugero naho igitangazamakuru kimwe cya kigeze kwandika inkuru ivuga ko King Jemus atavukiye i kigali ahubwo ari  mu majyaruguru.icyo birengagije nuko  ushobora kuvukira i Kigali ukahava uri umwana, ugatura mujyaro ukahigira  amashuru ukahaba  imyaka myinshi ukaza kuhava. ntibivuze ko ariho ubawaravukiye ,gutangaza amakuru ushimangira ikintu utakoreye ubushakashatsi bwi mbitse ni amakosa izindi ngingo ubonako tugerageza.
Ubutaha tuzongera turebe izindi ngingo eshanu zigenga itangazamakuru hano mu Rwanda, ushaka ku menya izo ngingo zose washaka agatabo kitwa Code of ethics governing journalists, other media professionals and the Media in Rwanda
Yandistwe Saa 9h55
Jean Bernard Mukundente