Friday, March 28, 2014

Ubuzima:Ubwonko n'imikorere yabwo



 

 Photo internet

Ubwonko n’igice gikomeye ku buzima bwa muntu kuko bugeraranywa na mudasobwa (computer)  mu mibereho yacu ya buri munsi ,ubwonko  nibwo bubika  ubwenge  ni bindi byose  bigize  umuntu  ikindi kandi ubwonko nti bugira iherezo ntarengwa mubyo  bwafata ,ubwonko nicyo gice gitandukanya umuntu nizindi nyamaswa ureste   imyemerere  isanzwe yu buhanga.

 

Ubwonko ni uruhererekane rwigingo rugenda rukura rukana hindagurika buri munsi,ubwonko  bugomba kuguma aribushya  cyangwa bwisubiramo mu  gutera imbere gusa bizaterwa nuburyo bwikoreshwa ry’imikaya,niba ubwonko bukora neza imyitozo ,buri wese ashobora   kuzamura ubwenge  ku kigero icyaricyo cyose.ariko  nuramuka ureste ubwonko  bukaguma ho  ntacyo bukora  buzatakaza  gutyara,tugiye kureba uburyo bukeya bwatuma  ubwonko bwawe bukora neza.

 


Kuzirikana(Meditate)
Muri iki gihe mubuzima bwa buri munsi tubamo  dukunze kuba mu bikorwa bidusaba kwita cyane ku kazi ,urugo abana nibindi, bityo bituma tudaha umwanya  urambuye  wo kuruhura ubwonko ,intekerezo zawe za buri munsi  usanga zuzuyemo   ibitekerezo  byinshi  bitandukanye  binateye ubwoba.  Ni mpamo  ko bifata ubushobozi bwo gutekereza  kuyindi mikorere y’ubwonko.


Izirikana (Meditation) ni bumwe mu buryo  bushaje  bukoreshwa mukuvugurura  intekerezo no kuzamura imikorere y'ubumenyi,uko izirikana (Meditation) ryibanda hakorwa imyitozo yo guhumeka  igihe intekerezo zawe ntakindi kiri kuzikubaganya
Kuzirikna (Meditation) yemerera intekerezo zawe gutuza  byongera gutuma  ubwonko bawe bukanguka.
  S:Lifespan
Yanditswe Saa 18h04
 
Jean Bernard Mukundente

Thursday, March 27, 2014

Inyamirambo:mu kagari ka kivugiza umukozi wo murugo yishe umwana w'umukobwa amuciye umutwe


Bella, yishwe akebwe ijosi n'umukozi wo mu rugo
Photo umuseke /Uwase Bella wishwe aciwe ijosi
Amakuru yakababaro dukesha  Umuseke aravugako mw'ijoro ryakeye  mu  kagari ka kivugiza i nyamirambo  umwana w'umukobwa  witwa Bella Uwase Shalom wi myaka 12 yishwe nabi nyuma yo gucibwa umutwe  nu mukozi wo murugo witwa slyvere.
Iyi nkora maraso slyvere yakoze aya mahano nyuma yo kwirukanwa mu rugo nkuko umuseke ukomeza ubivuga, Abavandimwe ba nyakwigendera babwiye Umuseke ko kuri uyu wa gatatu tariki 26 Werurwe mu gitondo, Sylvere yakubise urushyi umwana ufite imyaka ibiri w’umuhererezi muri uyu muryango .
Umwana yararize cyane abaturanyi bahita baregera nyina utari uhari, ahageze yahise afata icyemezo cyo kwirukana uyu mukozi ndetse abyumvikanaho n’umugabo we. Umukozi bahita bamusezerera.
Uyu mukozi w’umuhungu w’imyaka 30 y’amavuko ntabwo yahise ataha yagumye hafi aho. Ubusanzwe uyu Sylvere akomoka mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara mu ntara y’Amajyepfo.
IlluminĂ©e Mutamuliza mukuru w’uyu mwana wishwe, akiri ku ishuri (yiga muri Kaminuza) yamenyeshejwe ko umukozi bamwirukanye, maze atashye ku mugoroba amusanga hanze hafi y’urugo rwabo.

Mutamuliza yabanje guterana amagambo ho gato na Sylvere amubaza icyo ashaka hafi y’urugo bugorobye kandi bamaze kumwirukana, ariko aramureka yinjira mu rugo kuko yumvaga nta kidasanzwe yakora.
Bella Uwase Shalom yari mu rugo wari wavuye ku ishuri, aho yiga kuri ku kigo cy’amashuri abanza cya ESCAF Nyamirambo, ari kwitegura gahunda z’ishuri zo kuri uyu wa kane tariki 27 Werurwe.
Yoherejwe hanze hafi aho kuri ‘boutique’ atumwe na bakuru be.
Uyu mwana (Bella) muri uru rugo ngo niwe wari usanzwe yumvikana cyane ndetse ari inshuti n’uyu mukozi w’umuhungu nk’uko byemezwa na mukuru be.
Mu kanya ko kugaruka, musaza w’uyu mukobwa wari mu nzu yumvise umwana atatse cyane hanze hafi y’urugo, asohoka yiruka na mushiki we Mutamuliza, basanga umwana ari kuvirirana bikomeye umutwe ubura gato ngo uve ku ijosi.
Mutamuliza IlluminĂ©e na musaza we Olivier bageze mu rugo bugorobye bacanye itara ryo hanze rimurika imbere y’urugo basanga ryapfuye, bakeka ko ryishwe na Sylvere kugirango agere kuri uyu mugambi we mubisha.
Byari bibabaye hafi saa moya z’ijoro, ababyeyi b’uyu mwana bari ku rusengero bagiye gutaha bahita bahamagarwa babwirwa vuba ko bagomba gutabara mu rugo.
Imodoka ya taxi voiture yatwaye uyu mwana kwa muganga yageze ahitwa kuri 40 i Nyamirambo umwana amaze gushiramo umwuka nk’uko mushiki we Mutamuliza yabitangarije Umuseke.
Sylevere, wakoresheje icyuma mu kwica nabi uyu mwana w’umukobwa, yahise aburirwa irengero. Uwase Bella Shalom wishwe yari mwene  Mujiji Musafiri na Furaha Francoise.
Uwase Bella Shalom yigaga mu mwaka wa mashuri abanza mu wa gatandatu
Police ifatanyije na baturage  baracyashakisha iyi nkora maraso yitwa slyvere.

Source:Umuseke

Wednesday, March 26, 2014

Arsenal na Manchester United murugamba rwo gushaka umukinnyi Antoine Grienzmann

Antoine Griezmann could be heading to the Premier League… Read more Arsenal FC news. Arsenal and Manchester United have been...
 Fanatix
Ikipe ya Arsenal na Manchester united  bongereye  amafranga asaga  miriyoni 25 za ma Euro 25  mugushaka  umukinnyi  wa Real Sociedad  Griezmann Antoine w’imyaka 23 nyuma yaho ahakaniye ibihuha  byavugaga ko  yaba agiye kujya muri PSG.

kurubuga rwa Twitter yagize ati"ndashaka kubishyira ku  mugaragaro usibye ni bihuha nta gahunda mfitanya na PSG"

Usibye ikipe ya PSG ,Arsenal ndetse na Manchester united bigeze kwifuza uyu mukinnyi  nkuko umutoza Arsene Wenger  mu kwezi gushize yatangarije  ikinyamakuru Telefoot  yemera ko bigeze gushaka Antoine  Grienzmann.kuruhande rwa Manchester united nayo yohereje aba Scout bo kujya kureba uyu  mukinnyi uburyo yitwaramo ndetse no kongera kumwumvisha ko yakwerekeza muri Man united.

Antoine Grienzmann kugeza ubu afite ibitego bigera kuri 15 muri La Liga

Source :fanatix
Yandistwe Saa17h23

Jean Bernard mukundente

Tuesday, March 25, 2014

Maitre jad'or :imikino ngorora mubiri itera benshi kugira ubuzima bwiza

Umwite umusore cyangwa umugabo  Maitre Jad’or ku mazina yiswe n'ababyeyi ni Nsabiyumva Jean de Dieu, azwi muri muzika nyarwanda nk’umuhanzi, hari byinshi uy'umugabo asanzwe azwimo hano mu gihugu  cy’imisozi igihumbi azwiho nko kuba   akina Karate akaba ageze kuri Dani  ya gatatu, yewe afite imidari myinshi mubijyanye nu y’umukino wa KARATE.

 usibye ibyo tuvuze haruguru  yazanye agashya mu mujyi wa Muhanga aho abarizwa  yazanye GIM TONIC mu mujyi aha hoze ORION CLUB ubu hitwa kwa Vincent. Mukiganiro kigufi twagiranye kuri Telephone  haricyo yadutangarije  kubijyanye  na  Gim Tonic  yazanye  I muhanga .

”yatubwiyeko abafite ikibazo cy’umugongo bagana   iyo Gim Tonic  kuko ibafasha gukira ndeste abashaka kunanuka nabo barisanga kuko tubafasha kunanuka no murwego rwo kugabanya ibiro,amasaha   dukora ni  ku wa kabiri saa 18h30, ku wa kane ndeste no ku cyumweru mu gitondo saa 7h00”.

Nababwira iki abifuza kugana iyi Gim Tonic byumwihariko baherereye mu mujyi wa Muhanga  nababwira iki!


Jean Bernard Mukundente

Jamie carragher:ntekerezako ikipe ya Liverpool y’ubu ari nziza kurusha iyatwaye CL ya 2005


Umukinnyi Jimie  Carragher aganira na Sky Sports yagize icyo atangaza mukuba ikipe ya Liverpool ihabwa amahirwe yo kuba muri imwe mu makipe ya kwegukana Champion yuyu mwaka .mu magambo ye ati"Ntekerezako ikipe ya Liverpool  yubu ari nziza kurusha iyatwaye  Champions League  mu mwaka 2005,ariko ushobora gushimangirako  gutsindira Premier League yiyi Season byaba ari byiza kurushaho'.

Ndemezako  dushobora kubikora. Chelsea ubu kano kanya niyo yicaye ku mwanya wa mbere, gusa  bafite urugamba rutaboroheye kuko bakiri mw’irushanwa rya Uefa Champions League aho bategereje guhura na Paris ste Germain. naho Man city  ifite imikino myinshi itarakina gusa  nayo ntago yorohewe kuko ifite Man u ,Arsenal,na Everton.

Ikipe ya Liverpool iracyafite Man city ndeste na Chelsea mu kwa kane ,ntekerezako Liverpool niramuka yitwaye neza  igakura amanota atandatu ntakabuza  igikombe izakegukana,gusa naho yakwegukana amanota ane izaba ikiri mubahatanira gutwara igikombe.


Jean Bernard  Mukundente

Amavubi yabatarengeje imyaka 20 yateye mpaga ikipe y’igihugu ya Sudan

Amakuru dukesha urubuga rwa Ferwafa  aravugako Ikipe y’igihugu  amavubi yabatarengeje imyaka 20 yabonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho idakinnye umukino wari kuzayihuza n'ikipe y'igihugu ya Sudan y'epfo tariki ya 05/04/2014.

Amavubi abaonye itike nyuma yaho ikipe y’igihugu ya Sudan y’epfo  yabatarengeje 20 yikuye mu marushanwa,Amavuvi azakina  n’ikipe yi gihugu ya  Gabon (U 20) mu kwezi kwa gatanu.ikipe y’igihugu yabatarengeje imyaka 20 iri mu mwiherero w'imyitozo yo gutegura umukino wa gicuti uzayihuza n'ikipe y'igihugu cy'Uburundi  yabatarengeje  imyaka 20 (Intamba k'urugamba) kuri uyu wa kane tariki ya 27/03/2014 kuri stade Regional ya Kigali guhera saa cyenda n'igice (15H30).

Umutoza w’Amavubi  (20) Richard Tardy mu rwego rwo kwitegura uyu mukino no kureba urwego bariho no kumenyerana  nabakina hano mu Rwanda  ya hamagaye abakinnyi bakina k’umugabane w’iburayi
“Abo bakinnyi bahamagawe ni  Rwigema Yves,Neza Anderson na Nkinzingabo Fiston”
Yandistwe Saa18h13

Jean Bernard Mukundente

Monday, March 24, 2014

Babayeho nabi nyuma yousenyerwa ni mvura yaguye umwaka ushize

Photo Izuba Rirashe
Amakuru dukesha ikinyamakuru Izuba Rirashe aravugako nyuma yo gusenyerwa ni mvura abaturage bo mu murenge wa Kacyiru  akagari  ka Kamuturwa umujyi wa Kigali  imibereho yabo yifashe nabi  kuko nyuma yaho bahuriye ni mvura ikaze ikabasenyera banze gusanirwa. imvura yasenyeye abaturage yaguye umwaka ushize kuwa 17 ukuboza 2013 igasenyera abaturage bagera ku miryango 17 bamwe muribo bakaba bakiba  munzu zangijwe nimvura aho imbeho ibamereye nabi.


Mukamuyango Esperance  we avugako atuye muri kano gace imyaka isaga 30,imvura yaguye yangije byinshi kuko yatwaye imyenda y’abana ni bindi bikoresho bitandukanye.akomeza avugako we nu muryango  babayeho nabi kuko iy'imvura yamusenyeye amazu ane bakodeshaga ya mufashaga mu mibereho ya burimunsi,yakomeje avugako  barara mu mazu yibirangarizwa, ko imbeho ibica kandiko aramutse arwaye atabona ubushobozi bwo kwivuza.

Kuruhande rwubuyozi banze gusana ayo mazu kuko  ahantu aherereye  hafite ingaruka  mbi kubuzima bwabo(risk zone) mu kiganiro ubuyobozi bwagiranye nizuba Rirashe  bwagize icyo buvuga kuri icyo kibazo.



“Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kacyiru avuga ko aba baturage bakimara gusenyerwa, bahise basobanurirwa uburyo bagomba gushaka ahandi bajya gutura kuko aho batuye ari mu manegeka, ari nayo mpamvu bababujije gusana.

Nsabimana yabwiye iki kinyamakuru kandi ko babwiye abantu bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’Ubudehe ko bashaka amazu bakabishyurira, abandi bagomba gushakirwa ibibanza ariko naho mu nkengero z’umujyi. Ibyo ariko ngo byarananiranye kubera ko ingengo y’imari yari itaraboneka.”

Sunday, March 23, 2014

Rayon sports yigaranzuye Apr Fc


Umukino wa  Turbo national football League waberaga kuri Stade ya Kigali I nyamirambo ikipe ya Rayon Sports ibashije kwegukana amanota atatu inisubiza umwanya wa mbere I ibifashijwemo na Jamal ndetse na Abouba .igitego cya mbere  cyaje kubonwa na Mwiseneza Djamal ku munota wa 13 kiza kwishyurwa na Ndahindurwa Michel ku munota wa 30. Ku munota wa 41 umukinnyi Sibomana Abouba aterekamo icyakabiri.


Mugice cya  kabiri umukino watangiranye I mbaraga  ikipe ya Apr ishaka kwishyura biranga biba ibyubusa kuko ba myugariro ba Rayon Sports bari maso cyane ikipe ya Rayon  yaje kwataka Apr karahava  ku bwamahirwe ya Apr imipira ikajya hanze. Abakinnyi babanje mukibuga kuruhande rwa Rayon Sports
Urutonde rubanzamo:
1.Bakame
2.Mackenzi
3.Abouba
4.Arafat
5.Mukubya
6.Hussein
7.Djamal
8.Leon
9.Kagere
10.Cedrick
11.Fuaddi

Coach:Luc
Assistant Coach:Mbussa Billy

Umupira witabiriwe na bayobozi bakuru bagisirikare  kuko umugaba mukuru w'ingabo  zu Rwanda General Nyamvumba Patrick  yitabiriye umukino wa Rayon Sports na Apr fc,


Agashya ,naho bigaragaye cyane ko mu majyepfo bakunda Rayon Sports kuko ku kibuga cya Muhanga hari umukino wahuzaga Kiyovu inastinze muhanga 2:1 aho abafana bari ku kibuga  uko ikipe ya Rayon Sports  yanstindaga  bitereraga  hejuru batitaye yuko muhanga irigutsindwa ,umukino ukirangira Police ihuye na kazi katoroshye cyane kuko  abafana buzuye mu muhanda barabyina ,amamoto ,amamodoka yewe byari ibirori.

Yandistwe saa 18h46


Jean Bernard Mukundente

Saturday, March 22, 2014

Caf confederation cup:Abanyamujyi bakomeje kwandikisha amateka


JPEG - 99.5 kb


 Mu mikino ya caf confederation cup  Ikipe ya As Kigali ikomeje kwa ndika amateka,mu mukino  wa bahuzaga na ekipe yo mu gihugu cya Maroc yitwa Difaa El Jadida iyistinze 1-0 kiboneste nabwo mugice cya kabiri cy’umukino  hafi mu minota ya nyuma,u mikino wananyuze kuri Radio y’igihugu Radio Rwanda  wumvagako umukino wari mwiza ku mande zombi.


Difaa iri ku mwanya wa 5 n'amanota 31 muri shampiyona

Mu gice cya kabiri umukino watangiranye imbaraga basatirana bose  ariko buri ekipe ishaka istinzi  mu minota ya nyuma  umukinnyi Jean Paul Niyonzima yaje guca murihumye  aterekamo igitego  gihesheje  istinzi  ikipe ya As  Kigali,. Ikipe ya Difaa El Jadida igeze muri 1/16 yarasezereye  amakipe 2, arimo ikipe yitwa Association sportive  de la Sonabel  yo muri Burikina Faso, yongera isezerera ikipe yitwa Gamtel yo muri Gabon, iyitsinze ibitego 6-0 mu mikino yombi.As kigali yakuyemo  ikipe ya Academic Tchite  yo mu Burundi  iyitsinze ibitego 2-1 mu mikino yombi, ndetse  ikuramo Al Ahly Shendi yo muri Soudan kuri penaliti 5-4.


Umutoza Kasa Andre  akomeje kwitwara neza  muri iy’imikino  kuko ikipe ya As Kigali ari ubwa mbere ya gera hano muri 1/16 ,umukino wo kwishyura  ukazabera mu gihugu cya Maroc nasoza ngira nti”Congratulation  kubakinnyi  ba As Kigali nu mutoza wabo Kas ndeste na  banyarwanda bose muri Rusange”.


Yanditswe saa 19h00

Jean Bernard Mukundente

EPL:Chelsea inyagiye Arsenal isabato



Umukino wo kumunsi wa 31 wa Champion yo mu gihugu cy’ubwongereza isanzwe izwi kw’izina rya EPL(ENGLISH PREMIER LEAGUE)ikipe ya Arsenal ihuye nuruva gusenya  ku kibuga cya  Stamford brigde kuko ihandagarijwe  ku  kayabo ki bitego 6-0.
Umukino watangiye ubona amakipe yose yiteguye umukino  wari mwiza  nko ku munota wa ushyira iwa kabiri ikipe ya Arsenal ihusha igitego  ubwo umuzamu wa Chelsea Peter c yawukuragamo,umukinnyi utajya wiburira  muri iy’iminsi Samuel Eto’o  ku munota wa 5 izamu araritaha.

Eto’o yaje kugira ikibazo kimvune hinjiramo  Torres,  ku munota  wa 7umudage Andre Schurrle aterekamo icyakabiri ku munota wa 17  umubirigi navuga utyaye  cyane muri iy’iminsi ntatinya kuvugako ayingayinga C Ronaldo na Messi ,Hazard aterekamo icyagatatu  kuri penaliti ku mupira yarateye umukinnyi  akawukozaho intoki awukuramo,byaje kuviramo ikarita itukura kuri Gibbs ku munota wa 42 umukinnyi Oscar  aterekamo igitego cya kane bajya kuruhuka  ari 4-0.


Igice cya kabiri cya tangiranye ingufu  nubwo Arsenal yakinaga ari abakinnyi 10 ,yacishagamo ikataka ku munota wa 66 Oscar aterekamo icya gatanu aricyo cya kabiri cye ahita asimbuzwa umukinnyi Muhamed Sarah  bidatinze akinjira ku munota wa 71 yaterestemo igitego cya 6 ikipe ya Arsenal ibonera akaga I Stamford bridge  kuko ihakubitiwe  isabato.


Icyaranze umukino navuga gitangaje  naho umukinnyi Gibbs yahawe I karita itukura kandi atariwe wakayihawe kuko ikoza rya kozwe na Chamberain ,ikindi naho umutoza Mourinho wabonaga ko atishimye cyane nubwo ikipe yiwe yatsindaga ,gusa yaje kwishimira igitego cya Sarah ,umutoza Arsene wenger wuzuzaga imikino 1000 atoza ikipe ya Arsenal nti bimukundiye ko abasore  be bamuha ibyishimo kuko atahanye agahinda kenshi.umuherwe wa Chelsea  nawe wari wibereye ku mukino wa bonaga ko yasazwe ni byishimo  byinshi.

Chelsea 69'

Yanditswe saa 17h40

Jean Bernard Mukundente
            

Uefa Champions League:ibitekerezo byabakunzi ba ruhago nyuma yatombora ya 1/4

Kuri uyu wa gatanu nibwo habaye tombora yuko amakipe azacakira muri ¼ cya marushanwa ya Uefa Champions League ku mugabane w’iburayi.amakipe yatomboranye kuburyo bukurikira. Chelsea vs PSG Bayern M vs Manchester United Real Madrid vs B Dortmund FC Barcelona vs Atletico Madrid Nyuma yatombora twegereye abakunzi ba makipe biga mw’ishuri rikuru gatolika ryi kabgayi I muhanga ICK(INSTITUT CATHOLIQUE DE KABGAYI)ku ruhande rwa Man u twaganiriye nu witwa Chichalito Chris”Man u batwitege kuko twe tumeze nkintare ya komeretse kandi amateka ashobora kw’isubiramo nkuko twabahondaguye tukabatwara igikombe 1999 nabwo tuzabasubira ntago Man u ari Arsenal yego bafite champions league iheruka ariko ntibyadukanga”na mugenzi we Olvier nawe yagize ati”ntiduhagaze neza muri Chmpion yubwongereza ariko dushobora gukora amateka tukitwara neza da” Kurundi ruhande Protegene we ati”tombora ntiyoroshye kuko ayaba Chelsea ntiyorohewe kiko Psg ,mbona hari ntiyoroshye Man u yo rwose sinzi niba izikura imbere ya Bayern naho Real m ibonye igihe cyo kwihorera ,Barca yo igomba kwambuka ahubwo nibareba nabi izagitwara.twongeye twegera umunyamakuru ukora kuri Radio Maria Rwanda Alexandre ati”iyi tombora ni umuriro pe!kuko ntakipe yoroshye hano, gusa uko byagenda kose imwe muri Spain izasigara ndavuga hagati ya Barca na Atletico M ,yewe na Mourinho yitondere PSG kuko ntiyoroshye R Madrid yo isa nkaho itazagorwa cyane kuko Dortmund itakiryana ariko nti twakwirengagiza ko amakipe yo mubudage ashobora cyane amakipe yo muri spain naho hagati ya Man u na Bayern ho ntibyoroshye kuko benshi bibwirako Bayern yatomboye neza nyamara bibeshye pe” Tubibutseko imikino izatangira hagati ya taliki ya 1/2zukwezi kwa kane naho imikino yo kwishyura ikaba hagati ya taliki ya 8/9 zukwezi kwa kane umwak wa 2014.Igihugu gifite amakipe menshi asigayemo ni Espagne isigaranyemo amakipe 3 ubwongereza nu budage bukagira 2 naho ubufaransa 1 igihugu cy’ubutariyani gisanzwe ki menyerewe ko kigera kure nta kipe basigaranyemo. Yanditswe saa 10h30 Jean Bernard Mukundente

Friday, March 21, 2014

Itangazo dukesha Page ya Rayon Sports kubiciro by'umukino uzahuza ikipe ya Rayon Sports na Apr fc ku cyumweru taliki ya 23/03/2014
riragira riti Mwiriwe nshuti zacu,kumunsi wo kucyumweru nibwo Rayon sports fc izakira Apr fc kumukino wa championat,ndetse nibiciro bikaba biteye muburyo bukurikira:VIP:10000 FRW AHATWIKIRIYE:5000 FRW AHADATWIKIRIYE:3000 FRW Gusa nubwobwose uwomukino urigutegurwa neza harabandi bashaka kuvangira ubuyobozi ndetse nuguteza imwiryane muba rayon niyo mpamvu umunyamakuru Regis Muramira ukora kuri radio 1 akabashaka kuyobya abafana ababwirako hari Ecran Geant izaba ihari yerekana umupira aho avugako bazishyura 1000 frw ndetse nibindi byogusebya ubuyobozi nikipe muri rusange!ubuyobozi bukaba bubasaba kwima amatwi ibyo avuga ahubwo mukita kubyo ubuyobozi bubatangarije!! Mukomeze gushyigikira Gikundiro yanyu kndi yacu mwirinda ibihuha ndetse namatiku!! Yanditswe Saa 19h20 Jean Bernard Mukundente

Ubuzima:Ibyiza byo gukora Siporo no kunywa amazi


Siporo irakenewe cyane mu buzima bwa muntu kuko igabanya  ibyago byo kwandura Diabete ndetse ni indwara y’umutima  kandi siporo ikura imyanda  mu mubiri,ikindi siporo yongera imbaraga mu mubiri  igafasha  ubwonko gukora neza  bituma byorohera uwakoze siporo gutekereza neza harimo no kwiga neza.
Siporo ifasha byinshi mu buzima bwa muntu  kuko uwakoze  siporo ituma  itembera ry’amaraso rigenda neza kandi bikagabanya  kurwara cancer imaze iminsi yibasiye  abantu

                                         
                                              Kunywa amazi byonyine  sibyiza






 Kunywa amazi ni byiza cyane mu buzima bwa muntu byibura  wakanyweye ibirahuri umunani bya mazi ku munsi,ariko ntacyo byakumarira  wabuze amafunguro.ibanga  ryo gutuma ya mazi wanyoye agira icyo akumarira nuko  ugomba kurya.
Howard Murad  wakoze  ubushakashatsi  kw’ibanga rya mazi avuga ko gufata amafunguro  yiganjemo amazi  bifite  akamaro kanini,urugero   igihingwa kitwa  Watermelon yifitemo ubwayo 97% bya mazi, bifasha cells  mu kuba zakurura  amazi mu buryo buyoroheye  bivuye muri ya mafunguro wafashe  yiganjemo amazi.
Andi mafunguro  umubiri wacu ukeneye cyane ,ni ukurya imboga (inyabutongo,ibwija, amashu..)andi mafunguro  umubiri ukeneye n’imbuto  kuko  dusangamo  amazi menshi!
S:The new times Monday ,March  2014.

Yanditswe Saa 13h20


Jean Bernard Mukundente

Wednesday, March 19, 2014

Umukino wa Rayon Sports na Apr wasubijweho




Itangazo dukesha urubuga wa Rayon sports  riravugako  umukino wa Rayon sports na Apr FC  wasubijweho nyuma yaho ubuyobozi bwa Ferwafa bwari bwatangajeko  utakibaye kubera  ikibazo cy’umutekano ndeste nuko stade ari ntoya.nyamara Police  y’urwanda yari yateye utwasti Ferwafa ivugako bafite ubushobozi bwo kurinda umutekano ko ataribo basabye ko umukino wasubikwa.

Itangazo

Umuyobozi wa Ferwafa Nzamwita De Gaulle amaze gutangaza mu kiganiro n'abanyamakuru ko umukino wa Rayon Sports FC izakira APR FC uzaba kuri iki cyumweru kuri Sitade ya Kigali ( Regional ).
Kwinjira ni 3000 Frw, 5000 Frw na 10000 Frw.
Hazagurishwa amatike angana n'imyanya iri muri Stade (7000) , Imiryango ya Stade izafungwa 14h45'.

Icyemezo gifashwe nyuma yaho ikipe ya Rayon sports itangajeko umukino nutaba  barahita basezera  muri Champion y’urwanda.

Yandistwe saa 19h50

Jean Bernard Mukundente

Umuvugizi wa Police y'urwanda yateye utswatsi Ferwafa

Mu kiganiro na Ruhago yacu umuvugizi wa Police y’urwanda ACP Gatare Damas yavuzeko nta ruhare bafite mwihagarikwa ry’umukino wari kuzahuza Rayon Sports na Apr fc ku cyumweru kubera ikibazo cy’umutekano yongeye ho ko Police ifite ubushobozi bwo kurinda umutekano aho ari ho hose n’igihe cyose.”Ferwafa niyo yahagariste uyu mukino irangije ibimenyesha Police.twe dufite ubushobozi bwo kurinda umutekano w’abanyarwanda kandi si ubwa mbere nk’uyu mukino ubaye”. Ferwafa yo yari yatanze impamvu zuko police yavuzeko itakwirengera umutekano wabafana bazitabira umukino wa Rayon Sports na Apr fc Ku ruhande rwa Rayon sports yarangije gutangazako umukino nutaba izasezera muri Champion y’urwanda. Yanditswe saa 11h00 Jean Bernard Mukundente

Tuesday, March 18, 2014

Jack Warner aracyekwaho kuba yarariye bitugukwaha ku gikombe cy'isi cya 2022

Amakuru dukesha BBC Gahuza aravugako uwigeze kuba ikegera cy’umukuru wa FIFA bwana Jack Warner,ikinyamakuru Daily Telegraph cyo mu bwongereza cyatangajeko uwo mugabo yahawe bitugukwaha(Ruswa) ingana na za Miliyoni nuwahoze ayoboye urwego rw’umupira w’amaguru muri Qatar. Amafranga Jack Warner ya yakiriye nyuma yahoo igihugu cya Qatar gitsindiye kwakira imikino y’igikombe cy’isi kizaba mu mwaka wa 2022. Yanditswe saa 18h10 Jean Bernard Mukundente

Champions league: Jose Mourinho yizeye ko Didier Drogba azagaruka muri Chelsea

Kuri uy'uwakabiri Champions League iraza kuba ikomeza hakinwa imikino yokwishyura,mu bwongereza ikipe ya Chelsea iraza kwakira ikipe ya Galatasaray yo mu gihugu cya Turikiya,umukino ubanza wa bereye muri Turkiya ikipe ya Chelsea yanganyije na Galatasaray 1-1.ikipe ya Chelsea irasabwa ni bura igitego kimwe kubusa ibe yakomeza cyangwa itandukanyo ry'igitego kimwe yinjire muri1/4. Igikomeza umukino cyane mu mpera zicyumweru dushoje ikipe ya Chelsea yaje gukorwa mu jisho itsindwa na Aston Villa igitego kimwe kubusa,ikindi ni umukinnyi Didier Drogba uraza kuba agaruka kukibuga ndeste naho yandikiye amateka doreko yabafashije kwegukana Champions League ya 2012.Drogba aganira nitangazamakuru yavuzeko atazi uburyo baribumwakire ko ariko yizeye kwitwara neza. Mourinho aganira na Sky sports ku kibazo cya Didier Drogba niba azagaruka muri Chelsea yagize ati" ndumva ataricyo gihe cyo kuvugana nawe,gusa tuziko amasezerano afitanye na Gala azarangira nyuma yiyi season gusa umunsi umwe bizashoboka sinzi niba azaza ari umukinnyi cyangwa umutoza,ambassador,mu mwaka utaha ,imyaka ine, itanu,icumi si mbizi pe!" Umutoza wa Galatasaray Roberto Manchini uraza kuba agaruka mu bwongereza doreko yahoze ari umutoza wa Manchenster city aganira ni tangazamakuru yagize ati"Ndaza gufata ifunguri ndi kumwe na Mourinho ni turamuka dustinze umukino" Imbonerahamwe yuko imikino izakuba Champions League - Round of 16 March 18 Chelsea vs Galatasaray Real Madrid vs Schalke 04 March 19 Borussia Dortmund vs Zenit Petersburg Manchester United vs Olympiakos Yanditswe Saa 2h20 S:Sky sports Jean Bernard Mukundente

Imikino y’igikombe cy’amahoro irazagukomeza

Imikino y’igikombe cy’aamahoro iraza gukomeza uy’umunsi taliki ya 18 ,19 na 20 werurwe 2014, imikino iteye gutya Ku wa Kabiri Tariki ya 18.03.2014 Rayon Sports Vs Sunrise Fc [Regional(15.30)] Etincelles Fc Vs Etoile De L’est Fc [Mumena(15.30)] Unity Fc Vs Gicumbi Fc [Ferwafa(13.00)] Musanze Fc Vs Gasabo Fc [Mumena(13.00)] As Muhanga Vs Interforce Fc [Ferwafa(15.30)] Kirehe Fc Vs Intare Fc [Muhanga(13.00)] Aspor Vs Sorwathe Fc [Regional(13.00)] Espoir Fc Vs Pepiniere Fc [Muhanga(15.30)] Kuwa Gatatu Tariki Ya 19.03.2014 Police Fc Vs Bugesera Fc [Regional( 15.30)] Isonga Fc Vs Kiyovu Sports [Kicukiro(15.30)] Sec Fc Vs Marines Fc [Musanze(15.30)] Apr Fc Vs Akagera Fc [Rwamagana(15.30)] Vision Fc Vs Esperance Fc [Mumena (15.30)] Amagaju Fc Vs United Stars [Muhanga(13.00)] Mukura Victory Sports Vs Vision J.N [Muhanga(15.30)] Ku wa kane tariki ya 20.03.2014 ESPOIR FC VS PEPINIERE FC [MUHANGA(15.30)] Tubibutseko iy’imikino igeze muri 1/16 kirangiza umukino wari guhuza ikipe ya As kigali na Rwamagana city wasubitswe ukaba washyizwe kuyindi taliki itashyizwe ahagaragara. S :Ferwafa Yanditswe saa 11h15 Jean Bernard Mukundente

Abehebureyi 2:9-10

''ahubwo tubona Yezu wacishijwe bugufi akaba hasi y'abamarayika ho hato, tubona ko ari we wambitswe ubwiza n'icyubahiro nk'ikamba ku bw'umubabaro w'urupfu yapfuye, kugira ngo ku bw'ubuntu bw'Imana asogongerere abantu bose urupfu. Kuko byari bikwiriye ko Imana, byose byaremewe ikabibeshaho, iyobora abana benshi mu bwiza itunganishije rwose umugaba w'agakiza kabo kubabazwa.''

Monday, March 17, 2014

Tumenye itangazamakuru namwe mu makosa rikora hano mu Rwanda Igice cya mbere

Itangazamakuru ni uburyo cyangwa umuyoboro ukugezaho amakuru yaho utuye cyangwa hirya no hino kw’isi twavuga amakuru y’ubuzima butandukanye,imibereho ,politike, imyidagaduro,siporo ...,Abantu benshi bamaze kumenya itangazamakuru icyaricyo kuko utumva radio areba television cyangwa asura imbuga zitandukanye cyangwa anasoma ibinyamakuru byandika ;ibyo byose twarebye haruguru nibyo twakwita itangazamakuru. Aho imbuga nkoranyambaga zadukiye ndeste na za website buriwese ubyutse usanga yigira umunyamakuru. nyamaze birigirwa, kugirango ube umunyamakuru bisaba nibura imyaka 2 wiga kaminuza nabwo mw’ishami ryitangazamakuru,kuba wakwitwa umunyamakuru wumwuga bisaba kurangiza imyaka 4 wiga itangazamakuru nitumanaho.ntibivuzeko utabawe utarabyigiye ariko nabwo bisaba amahugurwa. Ntago wabyuka ngo uhite witwa umunyamakuru,kenshi na kenshi usanga nka hano mu Rwanda benshi twarigize abanayamakuru kandi nta bushobozi tubifitiye ,ahantu usanga icyo nakwita ubuswa bukabije ni abandika kuri website usanga kenshi abatandukira amahame yitangazamakuru reka twifashishe zimwe mugingi zigize itangazamakuru( Code of ethics governing journalists,other media professionals and the Media in Rwanda) Ingingo ya mbere1 :guharanira indangagaciro mpuzamahanga Umunyamakuru n’undi munyamwuga w’itangazamakuru bagomba guharanira indangagaciri mpuzamahanga z’ubumuntu ,byumwihariko amahoro,ubworoherane,demokrasi uburenganzira bwa muntu ,iterambere rishingiye ku mibereho myiza y’abaturage ,ubusabane hagati y’abanyagihugu mu guha agaciro buri muturage ,hubahirizwa itangazo mpuzamahanga ku burenganzia wa muntu. Ingingo ya2:ubunyangamugayo no guharanira ukuri Umunyamakuru n’undi munyamwuga w’itangazamakuru bagomba kugendera kure ikinyoma.bagomba kureba uko ibintu byagenze koko ,bashakisha ukuri kandi bazirikana ko abaturage bafite uburenganzira bwo guhabwa amakuru y’impamo.ntibagomba kwiyibagiza iby’ingenzi bigize inkuru yuzuye cyangwa ngo bahindure amagambo yavuzwe ,n’inyandiko izo arizo zose.bagomba kumenya ko gusebanya gutukana no gushinja ibinyoma ari amakosa akomeye mu mwuga w’itangazamakuru. Ingingo ya 3:inshingano kuri rubanda Umunyamakuru n’undi munyamwuga w’itangazamakuru bagomba kuzirikana inshingano yabo kuri rubanda. Kubera iyo mpamvu,bagomba gutangaza cyangwa kwandika amakuru ari ukuri kandi yuzuye .igihe harimo ugushidikanya uko ari ko kose bagomba kwifata cyangwa bakisegura ,bakurikije uburyo buteganywa n’umwuga w’itangazamakuru. Ingingo ya 4:kudashishikariza abaturage kwangana Umaunyamakuru n’undi munyamwuga w’itangazamakuru birinda gutangaza cyangwa kwandika amakuru abogamye kandi akangurira abantu kwangana gushingiye ku moko ,ku karere ,ku miryango ,ku idini ,gu gitsina ku myaka ,ku mibereho , ku bumuga n’indwara z’ibyorezo ,cyangwa n’ibindi bishobora gushingirwaho mu kuvangura abantu.ibyo bishobora gushingirwaho mu kuvangura abantu.ibyo bishobora kwemerwa iyo kuvuga iyi miterere y’umuntu bifasha mu gushakisha ukuri.bagomba kwiorinda ivangura iryo ari ryo ryose. Ingingo ya 5:gukosora inkuru n’uburenganzira bwo gusubiza no kubeshyuza Amakuru y’ibinyoma cyangwa yibeshweho,yatangajwe cyangwa yanditswe agomba guhita akosorwa .abantu ku giti cyabo n’imiryango cyangwa ibigo bafite uburenganzira bwo gusubiza ku bibavugwaho no kubibeshyuza,hubahirijwe amategeko. Aha turareba izi ngingo eshanu tumaze kubona tuzigeho tunazisesengure,duhereye ku gingo ya mbere hano mu Rwanda ubonako yubahirizwa,ingigo ya kabiri ubunyangamugayo no guharanira ukuri, aha ho ubonako bamwe mu banyamakuru tutayubahiriza. kuko akenshi dutangaza ibyo tudadafitiye gihamya neza,gusa si twese ni bamwe na bamwe, na none hari abashinja nta bushakashatsi bwi mbitse bakoze bikunze kugaragara cyane mu myidagaduro. urugero naho igitangazamakuru kimwe cya kigeze kwandika inkuru ivuga ko King Jemus atavukiye i kigali ahubwo ari mu majyaruguru.icyo birengagije nuko ushobora kuvukira i Kigali ukahava uri umwana, ugatura mujyaro ukahigira amashuru ukahaba imyaka myinshi ukaza kuhava. ntibivuze ko ariho ubawaravukiye ,gutangaza amakuru ushimangira ikintu utakoreye ubushakashatsi bwi mbitse ni amakosa izindi ngingo ubonako tugerageza. Ubutaha tuzongera turebe izindi ngingo eshanu zigenga itangazamakuru hano mu Rwanda, ushaka ku menya izo ngingo zose washaka agatabo kitwa Code of ethics governing journalists, other media professionals and the Media in Rwanda Yandistwe Saa 9h55 Jean Bernard Mukundente

Sunday, March 16, 2014

Ikipe ya Apr fc ikomeje umurego isatira igikombe

Champion y’igihugu cy’urwanda mu mupira wa maguru izwi kwizina rya Turbo national football League(TNFL)yarakomeje muri iki cyumweru dushoje ,ku munsi wa 20 wayo imikino yagenze gutya kuwa gatandatu ikipe ya Apr fc yaje kwihererana ikipe yo muburengerazuba bwu Rwanda Entincelle iyistinda 1-0 cyaje gutsindwa na Migi. naho ikipe ya Mukura ikomeje urugendo rwo kwandagazwa na Rayon Sports, kuko bongeye gusubirirwa bastindwa 3-1 umukino wari wabereye I muhanga.Leon, Kagere na Sedric nibo bastindiye Rayon Sports ,naho igitego kimpozamarira kuruhande rwa mukura gitsindwa na papa Claude.ku cyumweru ikipe ya Police yanganyije na As kigali 1-1 igitego cya Police cyastinzwe na Sina Jerome kiza kw’ishyurwa na rutahizamu wa As Kigali Jimmy Mbaraga. Kiyovu sports yaje kunganya na Esperence 0-0 naho Marine fc idashaka ku manuka yatsinze Amagaju 2-1, bidakomeje kubera byiza umutoza Okoko Godfroid kuko bimuganisha ku manuka. naho ikipe yi muhanga yaje kwambuka ishyamba rya nyungwe, ijya kwereka ikipe ya Espoir ko nubwo yastinze Rayon sports batayibizanaho iyikubita 1-0 .umutoza Ally akomeza kwrekana ko, ibyo yabwiye itangazamakuru ko atazamanuka ajyenda abisatira. Nyuma yo gustindwa na Apr fc umutoza Bekeni usanzwe uzwi ho urwenya rwinshi ,mubyo abwira itangazamakuru. ku kibazo cyuko bamuziho gukubita umunzenze, bakaba bamustinze byamugendekeye gute kuba ariwe bawuzituye? nawe ntiyazubaje ati”umwogoshi yogosha benshi ariko nawe umusasti urakura bakamwogosha nuko byagenze Apr yastinze”. Ikipe ya As Kigali yakinnye yaraye igize ibyago kuko umukinnyi wayo Ndikumana Bodo yaraye akoze Accident ikomeye akaba arwariye muri CHUK amakuru twaherukaga yavugaga ko yari murikoma.u munsi wa 20 usize ikipe ya Apr fc ikicaye ku mwanya wicyubahiro na manota 49 ikurikiwe na Rayon Sports na manota 46, naho Amagaju na Esperence nayo yicaye ku myanya ya nyuma mugihe hasigaye iminsi itandatu champion ikagera ku musozo. Yandistwe saa 8H45 Jean Bernard Mukundente

Saturday, March 15, 2014

Rayon sports yongeye gusubira Mukura iyitsinda

Umukino waberaga hano I muhanga ikipe ya Rayon Sports ibashije kwegukana amanota atatu bastinze ikipe ya Mukura ibitego 3-1,umukino watangiye mu mvura nyinshi cyane ,impande nzombi zatakanye karahava nko ku monota wa 2 ikipe ya Rayon Sports ihusha igitego,Mukura nayo ku munota wa 5 kwishoti rikomeye cyane umuzamu Bakame awushyira muri koroneri. Ku munota hafi wa 10 usaga umukinnyi Leon uzwi kwizina ry Kawunga atsinda igitego cya mbere ku mupira wari uzamukanywe na Kapiteni Fuaddi bamyugariro ba Mukura bawugaruye usanga Leon ahagaze neza aturira ishoti rikomeye cyane igitego kiba kiranyoye.
Umukinnyi Kagere utajya wiburira dore ko abayahushije ibitego byinshi atsinda igitego cya kabiri bajya kuruhuka ikipe ya Rayon Sports instinze 2-0. Igice cya kabiri catangiranye imbaraga kuruhande rwa mukura irataka hafi ku munota wa 70 astinda igitego cya mbere biba 2-1 umupira yukomeza gukinirwa hagati mukibuga,ku munota wa 85 umukinnyi Amiss Sedrick atsinda igitego cya gatatu arinako umukino warangiye.
Umutoza Luc ati”biradushimishije cyane kubz twegukanye instinzi” kuruhande rwa Mukura umutoza Kaze Sedrick mu kababaro kenshi ati”turastinzwe ntakundi gusa tugiye gutegura imikino isigaye” Umukino wari witabiriwe n’umutoza wa Mavubi Eric Nshimiyimana ,ikindi cyaranze uy’umukino ni imvura nyinshi cyane ariko mugice cya kabiri izaguhita ikibuga cyuzura amazi umupira ukajya ufatwa na mazi.ikindi cyaranze umukino ni ihangana rya Tv 10 na bashinzwe kwamamaza ba Turbo king kuko bashakaga ko umutoza Luc na Kaze bahabwa interview bri kucyapa cya Turbo. Jean Bernard Mukundente

Mesut Ozil ashobora ku marahanze hagati y'ibyumeru bitatu na bitandatu




Arsene Wenger yamaze kwemezako umukinnyi Mesut Ozir Azamara hagati yibyumweru   bitatu na bitandatu kubera ikibazo kimvune yahuye nacyo ubwo bakinaga na Bayern Munich mu mukino wo kwishyura wa Uefa champions league.

Umukinnyi ukomoka mu budage Mesut Ozir yaje kugira ikibazo kimvune kuwa kabiri wiki cyumweru turi gusoza,yaje gusimburwa mu gice cyambere,bivuzerko umukino wa Derby  izabahuza na Tottenham atazawugaragaramo.

Arsene Wengere ati”Tubuze Ozil  kubera imvune ,sinzi neza igihe azamara mu mvune gusa ndatekereza atazarenza byibura ibyumweru bitatu”

Ukubura kwa Mesut Ozil bije mugihe hari amakuru avugako umukinnyi  Aaorn Ramsey yagaruste ava mumvune yari yagize yikibero
Wenger yongeyeho:birashoboka gustinda tudafite Mesut Ozil kuko dufite abakinnyi  benshi bashoboye kwitwara neza”.

Know more about Rwandan initiative through innovation (RINI)

Is a local non-governmental organization officially approved by RGB (Rwanda Governance Board) working since 2013 in the field of envir...