Tuesday, April 1, 2014

Amarozi mu mupira wa maguru hano mu Rwanda

Photo:Ruhagoyacu

Ikibazo cy’amarozi mu mupira wa maguru wa hano mu Rwanda, akenshi na kenshi kijya gishyusha  imitwe abakunzi bu mupira wa maguru;byagiye bivugwa kenshi kuva kera  ko bamwe mu batoza ba hano mu rwanda  bagiye bakoresha amarozi mu rwego rwogushaka instinzi.


Twifashishije Ruhago yacu ku nkuru yabo yo mu mwaka wa 2011,ukwezi kwa 10 taliki ya 5 yagaragaje bamwe mu batoza batoje cyangwa bagitoza hano mu Rwanda bakoresheje amarozi  mu rwego rwogushaka insinzi,
 1.Rutsindura Antoine Mabombe
2.J m Ntagwabira 
3.Ruremesha Emmanuel
4.Sogonya Hamisi kishi
5.Bizimana Beken
6.Mbarushimana Abdou

Ntibivuze ko bano batoza baba bagikoresha amarozi,gusa sinabo bonyine nuko bamwe bagiye babyiyemerera kugeza majyi ngo aya wakwibaza niba hatakiri bamwe mutoza baba bakoresha iyi mico yagipagani.

Ku mukino wahuje ikipe ya Rayon sports na Apr fc  taliki ya 23,03,2014 nawo wavuzweho ikoreshwa rya marozi Uyu mukino, bivugwa ko ushobora kuba warifashijwemo abaganga barenga batanu aho uretse abakoreraga amakipe yombi, n’abakinnyi ubwabo(tutari butangaze amazina), bari bizaniye abapfumu ku giti cyabo mu rwego rwo kuba babona ibitego kuri Derby ifatwa nkiya mbere mu gihugu umukinowaje kurangira ikipe ya Rayon sports yegukanye instinzi ya 2-1.
Umutoza Eric Nshimiyimana nawe  kubuhamya yatanze yagize icyo avuga kwikoreshwa rya  marozi mu mupira wa maguru   Umutoza w’ikipe y’igihugu Eric Nshimiyimana yavuze  ko nta cyiza cyo kwiringira amaroza mu mupira w’amaguru cyane ko abayakora nta kindi baba bagamije kitari ukwishakira amafaranga mu gihe kenshi ibyo bavuga bitajya biba.

Twakwibaza ikibazo  kigira giti”ese koko Dawa yaba ikora mu mupira wa maguru ?ese niba ikora  ko nta kipe yo muri Afrika iregukan igikombe k’isi nuko se Brezil,Ubudage,Espagne,Ubutaliyani nandi maikpe bakoresha amarozi arenze ayo muri Afrika?”ese wowe  mufana wemerako amarozi akora? Watwandikira kuri Email jeanmuku11@gmail.com.
Twasoza tuvugako bitagakwiriye ko abatoza n’abakinnyi bahano mu Rwanda bakoresha amarozi kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bwa muntu ,umukinnyi Marc Foe bivugwako nawe yazize amarozi ubwo yagwaga  mu kibuga.nka abantu bizera Imana imwe rukumbi  ntibyagakwiriye  ko amarozi  tuyakoresha muri Ruhago kuko ntaho byaba bitwerekeza,ikindi kandi binagira ingaruka mu buzima bwacu usibye ko ari nicyaha Imana ihanira.

Yandistwe saa 18h20

Jean Bernard Mukundente 

No comments:

Know more about Rwandan initiative through innovation (RINI)

Is a local non-governmental organization officially approved by RGB (Rwanda Governance Board) working since 2013 in the field of envir...